Serivisi fatizo zitangwa mu karere mu ishami ry'Ibikorwaremezo
Ishami ry'Ibikorwaremezo
SERVISI ZITANGIRWA MU ISHAMI RY’IBIKORWAREMEZO
Kunganira abaturage muri gahunda zo kuvugurura ahatuwe mu buryo butemewe mu karere;
Gukurikirana gukemurwa kw’ibibazo bijyanye n’ubutaka n’imitungo mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zo kuvugurura ahatuye abaturage mu buryo butemewe;
Kunganira, gukurikirana n’Ubujyanama mu bikorwa by’abaturage mu kwiyubakira ibikorwa remezo(Imihanda,Ruhurura,…);
serivisi zijyanye na Parikingi ndetse no kujya inama ku bijyanye naho guparika imodoka mu mitunganyirize y’umujyi;
Gutanga ibitekerezo ku mishinga mishya no kuvugurura ibikorwa remezo by’aho imodoka ziparikwa
Gukorana na Polisi n’abandi bafatanyabikorwa ku bibazo bya parikingi n’imicungire yazo;
Gukurikira ishyirwamubikorwa rya gahunda yo gucunga amazi y’imvura mu Mujyi;
Gukurikirana ibibazo ku bikorwaremezo byangijwe n’imvura;
Gukemura amakimbirane yaturutse ku byangijwe n’imvura;
Kugenzura imihanda n’ibiraro bisanzwe byubatse no kuyobora imirimo yose yo kubaka no kubisana ;
Ubujyanama n’ubuvugizi mu kubaka no gusana imihanda n’ibiraro;
Gukorana n’inzego cyangwa ibigo byahawe amasezerano n’Umujyi wa Kigali mu igenamigambi no mu ishyirwa mu bikorwa ry’imirimo yo kubaka no gusana imihanda n’ibiraro;