Serivisi zitangwa mu ishami ry'Ibikorwaremezo

Serivisi fatizo zitangwa mu karere mu ishami ry'Ibikorwaremezo

Ishami ry'Ibikorwaremezo

SERVISI ZITANGIRWA MU ISHAMI RY’IBIKORWAREMEZO 

  1. Kunganira abaturage muri  gahunda zo kuvugurura ahatuwe mu buryo butemewe mu karere;
  2. Gukurikirana gukemurwa kw’ibibazo bijyanye n’ubutaka n’imitungo mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zo kuvugurura ahatuye abaturage mu buryo butemewe;
  3. Kunganira, gukurikirana n’Ubujyanama mu bikorwa by’abaturage mu kwiyubakira ibikorwa remezo(Imihanda,Ruhurura,…);
  4. serivisi zijyanye na Parikingi ndetse no kujya inama ku bijyanye naho guparika imodoka mu mitunganyirize y’umujyi;
  5. Gutanga ibitekerezo ku mishinga mishya no kuvugurura ibikorwa remezo by’aho imodoka ziparikwa
  6. Gukorana na Polisi n’abandi bafatanyabikorwa ku bibazo bya parikingi n’imicungire yazo;
  7. Gukurikira ishyirwamubikorwa rya gahunda yo gucunga amazi y’imvura mu Mujyi;
  8. Gukurikirana ibibazo ku bikorwaremezo byangijwe n’imvura;
  9. Gukemura amakimbirane yaturutse ku byangijwe n’imvura;
  10. Kugenzura imihanda n’ibiraro bisanzwe byubatse no kuyobora imirimo yose yo kubaka no kubisana ;
  11. Ubujyanama n’ubuvugizi mu kubaka no gusana imihanda n’ibiraro;
  12. Gukorana n’inzego cyangwa ibigo byahawe amasezerano n’Umujyi wa Kigali mu igenamigambi no mu ishyirwa mu bikorwa ry’imirimo yo kubaka no gusana imihanda n’ibiraro;
  13. Gutanga Uburenganzira bwo kubona inzira zihuza imihanda  n’inyubako (access)
  14. Gukurikira ibijyanye n’Imikoreshereze y’Ingufu z’amashanyarazi n’Izindi ngufu .
  15. Gukurikirana ikwirakwizwa n’Imikoreshereze y’Amazi meza.