ABADAHIGWA BA NYAMIRAMBO, ITSINDA RIMAZE KUBA UBUKOMBE

ABADAHIGWA ba Nyamirambo ni itsinda ry’abagore 70 n’abasore 4 batuye mu Murenge wa Nyamirambo bishyize hamwe kugira ngo bashyigire gahunda z’igihugu zikubiye muri NST 2 bahereye ku Isibo urwego rwegereye umuturage.  

Madamu Munganyimana Christine Sumaya Umuyobozi w’ABADAHIGWA ba Nyamirambo kuri uyu wa 30 Nyakanga 2025 yatubwiye ko Itsinda ryatangiye ari abashyushyarugamba ariko nyuma batangira gukora n’ibindi bikorwa bifitiye igihugu akamaro.

Ibyo bikurwa bigizwe ahanini no kwitabira gahunda za leta izo arizo zose zaba Umuganda, kurwanya ihohoterwa iryo ariryo ryose, kurwanya igwingira, gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, kwitabira inteko z’abaturage, gufasha gutoza uruibyiruko n’abana bari mu biruhuko, kuremera abatishoboye n’ibindi

BIMWE MU BIKORWA BY’INGENZI BAMAZE GUKORA

  • Kuva batangira, ABADAHIGWA ba Nyamirambo bubakiye umuturage utishoboye wasemberaga kubera ko yasenyewe n’ibiza ndetse bamuremera n’ibikoresho byo mu rugo. Uwo muturage atuye mu Mudugudu wa Karukoro, Akari ka Gasharu mu Murenge wa Nyamirambo
  • Bafatanyije n’izindi nzego, basannye inzu y’Umuturage utishoboye mu mudugudu wa Kanyirazaninka, Akagari ka Mumena mu Murenge wa Nyamirambo
  • Bagira uruhare runini mu gufata mu mugongo Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu tugari twa Gasharu, Rugarama, Kivugiza na Mumena mu Murenge wa Nyamirambo.
  • Bagize uruhare runini mu gukura abana mu mirire mibi n’Igwingira by’umwihariko bakoze igikoni cy’Umudugudu .mu Kagari ka Gasharu, Umudugudu wa Rwintare
  • Bateye Inkunga Abamugariye ku Rugamba mu Murenge wa Nyarugunga mu gihe hizihizwaga Umunsi wo Kwibora ku nshuro ya 31 n’ibindi byinshi. 
Back