HABAYE UBUGENZUZI BW’ISUKU KU KIGO NDERABUZIMA CYA COR UNUM
Mu rwego rw'ubugenzuzi bw'isuku, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere Wungirije, Madamu Umwamahoro Genevieve ari kumwe n'Abayobozi b'Ibitaro bya Nyarugenge n'Ibitaro bya Muhima tariki ya 11 Kamena 2025 basuye Ikigo Nderabuzima cya Cor Unum giherereye mu murenge wa Kimisagara.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere Wungirije yasabye Ubuyobozi bw’Ikigo Nderabuzima cya Cor Unum gukomeza kwita ku ngamba z’Isuku mu rwego rwo kwirinda indwara zinyuranye ziterwa n’Isuku nke zirimo n’izibyorezo.
Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Cor Unum, Sr Tharcille Nyirabaforomo yavuze ko Ikigo cyafashe ingamba z’isuku n’isukura zirimo gushyiraho urukarabiro rusange kugira ngo abagana ikigo nderabuzima bakangurirwe gukaraba intoki no kubigira umuco. Abagana iki kigo nderabuzima kandi bashyiriweho abaganga, abaforomo n’abahagarariye Abajyanama b’ubuzima bakabigisha gukaaraba intoki kandi kenshi, kwirinda gusuhuzanya no guhana intera ndetse no kwambara agapfukamunwa aho bishoboka.
Ikigo Nderabuzima Cya Cor Unum giherereye mu Murenge wa Kimisagara, Akagari ka Kimisagara. Gifasha abaturage bagera ku 56, 854 wongereyeho n’abaturuka mu bice begeranye.