HATANGIJWE ICYUMWERU CYAHARIWE UBUZIMA BW’UMWANA
Kuri uyu wa mbere tariki ya 22 Gashyantare mu Karere ka Nyarugenge nk’ahandi mu Gihugu hatangijwe icyumweru cyahariwe kwita Ubuzima bw’Umwana
Iki gikorwa cyatangiye uyu munsi kizasozwa ya 7/3/2021
Muri iyi gahunda ireba abana bafite kuva kumezi 12 kugera ku myaka 15 hakaba hazatangwa ibinini by'inzoka, Ongera na vitamine A no gupima abana imikurire
Ku rwego rw’Akarere iki gikorwa cyatangijwe n’umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere Madamu NSHUTIRAGUMA Esperance kibera mu mu Murenge wa Rwezamenyo Akagari ka RwezamenyoI, mu mudugudu w'Intwali
Muri uyu mudugudu abana 104 nibo harebwa n'iyi gahunda, naho mu Murenge wose muri rusange iyi gahunda ikaba igomba kugera kubana 3838.
Hatangizwa iki gikorwa binajyanye na gahunda yo kwirinda COVID19 abajyanama b'ubuzima bakaba bagenda urugo kurugo nyuma y’ itangira ry’amashuri abana bakaba bazanasangwa kubigo by’amashuri.