INAMA Y’IGIHUGU Y’ABAGORE Y’AKARERE KA NYARUGENGE YISHIMIYE IBYO YAGEZEHO
Mu nama rusange y’Inama y’Igihugu y’Abagore yo mu karere ka Nyarugenge yateranye kuwa gatanu tariki ya 13 Nzeli 2024, Ubuyobozi bw’Inama y’Igihugu y’Abagore mu karere ka Nyarugenge (CNF) bwishimiye uruhare rw’abagore mu guteza imbere akarere kabo, hanashimirwa abafatanyabikorwa bakorana umunsi ku munsi, barimo ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’imiryango itagengwa na Leta. Abagize CNF Nyarugenge bijeje kandi ko n’imihigo bahize y’umwaka 2024/2025 nayo izagerwaho.
Uretse Umuyobozi w’Inama y’Igihugu mu karere ka Nyarugenge, Madamu Agatesi Marie Laetitia, iyi nama yari irimo abahagarariye Inama y’Igihugu y’abagore baturutse mu mirenge yose ya Nyarugenge uko ari icumi n’abayobozi batandukanye barimo Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge Bwana Ingangare Alexis, umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge wungirije Madamu Uwamahoro Genevieve, umuyobozi wa Polisi ndetse n’umuyobozi wa PSF mu karere.
Abari mu nama barebeye hamwe Imihigo ya Mutimawurugo y’umwaka ushize wa 2023/2024 n’ishyirwa mu bikorwa ryayo, bishimira ko yagezweho ku kigero cyo hejuru cyane. Umurenge wa Gitega ukaba ni wo wahize indi mu gushyira mu bikorwa imihigo ya ba Mutimawurugo muri aka karere.
IBYARI BIKUBIYE MU MIHIGO BA MUTIMAWURUGO BASOJE
IBIKORWA BIKUBIYE MU MIHIGO BAHIZE
Mu dushya Inama y’Igihugu y’Abagore itegura gukora mu mwaka wa 2024/2025, harimo gushinga itorero ry’abagore ribyina Kinyarwanda no guha imbaraga iryo bashinze ry’abana ryitwa Uruyange.