MAGERAGERE HARI GUTERWA IBITI KU BUFATANYE NA BRITAM

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge Bwana Ingangare Alexis ari kumwe n’Umufatanyabikorwa BRITAM bifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Mageragere mu muganda wihariye wo gutera ibiti bivangwa n’imyaka.

Umuyobozi mukuru wa Britam Insurance Rwanda, Andrew Kulayige, yavuze ko bateganya kuzatera ibiti 10000 muri uwo Murenge wa Mageragere. 

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge yasabye abaturage kwita ku biti bateye kugira ngo bibashe gukura neza. 

AKAMARO K’IBITI BIVANGWA N’IMYAKA

  • Ibiti bivangwa n’imyaka byongera imyunyungugu mu butaka
  • Bifata ubutaka, birwanya isuri
  • Bigaburirwa amatungo agakura neza
  • Bitanga ibicanwa
  • Bitanga ifumbire
  • Bikurura imvura
  • Bitanga imihembezo
  • Bitanga igicucu cyo kugamamo izuba
  • Muri rusange ibi biti bitanga umwuka mwiza duhumeka ndetse binakurura imvura.
Back