NYARUGENGE: HARATEGURWA IGIHEMBWE CY’IHINGA 2026A
Abarebwa n’ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi mu Karere ka Nyarugenge kuri uyu wa 4 Nzeri 2025 bahuriye ku Karere maze bagaragarizwa aho imyiteguro y’igihembwe cy’ihinga cya 2026A igeze banarebera hamwe imihigo y’ubuhinzi n’ubworozi 2025-2026.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge Bwana Ingangare Alexis yasabye abarebwa n’Ubuhinzi mu Karere ka Nyarugenge kwihutisha gutegura imirima hakiri kare kugira ngo imvura nigwa bahite batera imyaka. Yakomeje abwira abashinzwe ubuhinzi mu Karere ati: “Abatuye Akarere bariyongera ariko mwibuke ko ubutaka bwo butiyongera bityo rero mugomba gukomeza gukangurira abaturage kongera umusaruro bakoresha ifumbire yaba mvaruganda cyangwa imborera ndetse bakanakoresha imbuto z’indobanuro bityo bakihaza mu biribwa”
IMWE MU MIHIGO YAGANIRIWEHO
BAMWE MU BITABIRIYE IYI NAMA
Mu Karere ka Nyarugenge, ubuso bw’ubutaka bwateganyirijwe ubuhinzi tugendeye kuri KCMP (Kigali Conceptual Master Plan) bungana na Ha 3,134 zirimo Ha 225 ha z’ubutaka bwo mu bishanga na Ha 2,909 bw’ubutaka butari ku misozi ihanamwe cyane. Ubu buso ni sites z’ubutaka bukorerwaho gahunda yo guhuza Ubutaka (Land use consolidation) hatarimo ubuso bw’uturima duto duherereye hafi y’ingo z’abaturage cyangwa se ubutaka bw’igishanga buhinzweho ibisheke bya Madhvani Group