NYARUGENGE: HARIMO GUKORWA BYINSHI MU KURWANYA IBIYOBYABWENGE

Kuri iyi tariki ya 01 Nyakanga 2025, Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuzima n’imibereho mu karere ka Nyarugenge, Bwana Nkunda Evariste ari kumwe na bamwe mu bafatanyabikorwa b’Akarere mu kurwanya ibiyobyabwenge bagiriye Ikiganiro ku ISANGO STAR/TV & RADIO aho bagarutse ku birimo gukorwa mu karere bijyanye no kurwanya ibiyobyabwenge. 

Abafatanyabikorwa b’Akarere mu kurwanya ibiyobyabwege aribo Bwana Harerimana Leon Placide na Bwana Nshimiyimana Alain bagaragaje imiterere y’ibiyobyabwenge mu Karere, ababikoresha n’ingaruka zabyo ndetse n’uburyo ababaswe nabyo bashobora gukurikiranwa bakavurwa bagakira. Banasabye urubyiruko rutarabikoresha kubyirinda kugira ngo bagire ubuzima bwiza. 

Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuzima n’imibereho mu karere ka Nyarugenge Bwana Nkunda Evariste yasabye abantu bose ubufatanye mu kurwanya ibiyobyabwenge kuko byangiza ejo hazaza h’urubyiruko bigakenesha imiryango n’ibindi bibi. 

IBIRIMO GUKORWA MU KURWANYA IBIYOBYABWENGE: 

  • Ubukanguramba mu rubyiruko ku kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge
  • Kuganiriza abaturage ku ngaruka mbi z’ibiyobyabwenge mu Nteko z’Abaturage, Umugoraba w’Imiryango, Nyuma y’Umuganda no mu zindi nama 
  • Ubuvuzi hagamijwe kurwana ku babaye imbata z’ibiyobyabwenge. Tubibutse ko hashyizweho ibitaro n’ibigo Nderabuzima byihariye bibitaho. Urugero nk’Ikigo cyihariye cya Isange Rehabilitation Center cya Huye, hari Centre Icyizere mu karere ka Kicukiro, I Ndera mu karere ka Gasabo ndetse n’Ibitaro bya Kinyinya n’andi mavuriro. 

IBIYOBYABWENGE BIHAGARAGARA

  • Urumogi rugira amazina menshi: agatabi ko ku mugongo w’ingona n’ayandi
  • Mugo (heroin)
  • Inzoga zirimo ibyo bita ibyuma, kanyanga, umumanurajipo, muriture, dunda ubwonko n’ibindi
  • Rwiziringa: urubyiruko rucyita 36 oiseaux
  • Itabi bita shisha n’yandi matabi
  • Lisansi
  • Kole
  • Chief waragi
  • Suzie waragi
  • Cocaine
  • Ibinini byo kwa muganga bikoreshwa nk'ibiyobyabwenge nka Rohypinol, Diazepam, na Morphine n’ibindi
Back