NYARUGENGE: HATANGIJWE UBUKANGURAMBAGA BWISWE: UMUDENDEZO W’UMUTURANYI, INSHINGANO ZANJYE

Kuva mu Ukwakira 2017, Leta yatangiye gahunda yo gukusanya amakuru kuri bimwe mu bibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, birimo: kubakira Imiryango idafite amacumbi, gusana no kuvugurura  ifite amacumbi adakwiye, kubaka ubwiherero ku ngo zitabufite, gusana no kuvugurura  ubwiherero butujuje ibisabwa no kureba niba hari umuryango waba ukirwaje  amavunja. Hari kandi kurwanya imirire mibi, gufasha imiryango ikibana n’amatungo gutandukana nayo, gusubiza abana mu  ishuri, kurwanya inda ziterwa abangavu hanakurikiranwa abagabo bakoze ibyo bikorwa bakabihanirwa.

Muri iryo kusanya makuru mu Karerere ka Nyarugenge hagaragaye imiryango 4,525 ifite ibibazo bikurikira byagombaga gukemurwa :

  • Imiryango idafite aho kuba 132
  • Abafite amazu ameze nka Nyakatsi 613
  • Abadafite ubwiherero 397
  • Abafite ubwiherero butujuje ibisabwa 1758
  • Abana bafite imirire mibi 401
  • Abarwaye amavunja 3
  • Imiryango ibana n’amatungo 1221
  • Abangavu 427 basambanyijwe baterwa inda

Nyuma yo gukemura ibi bibazo byavuzwe haruguru hakagaragara ko hagenda havuka ibindi nabyo bibangamye imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Nyarugenge, umuturage n’Ubuyobozi bafatanyije, Akarere kashyizeho gahunda yiswe ʺUMUDENDEZO W’UMUTURANYI-INSHINGANO ZANJYE’’.

Iyi gahunda igamije gucyemura mu buryo buhoraho ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage (Human Security issues) binyuze mu nsanganyamatsiko yavuzwe haruguru bigakorwa habayeho ubufatanye na buri muturage w’Akarere

Back