NYARUGENGE: HATANGIJWE URUGERERO INKOMEZABIGWI ICYICIRO CYA 11
Mu mudugudu wa Makaga, Akagari ka Rwesero, Umurenge wa Kigali niho hatangirijwe urugerero Inkomezabigwi icyiciro cya 11 mu karere ka Nyarugenge uyu munsi tariki ya 25/09/2023. Ni igikorwa cyatangijwe n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge Bwana Ngabonziza Emmy ari kumwe n’Inzego z’Umutekano, Imbaga y’Urubyiruko n’abatuye uyu mudugudu wa Makaga ahazubakwa amazu 6 yagenewe abaturage batishoboye.
Yifashishije Ubushakashatsi butandukanye harimo ubwakozwe na Dr Nzahabwanayo Sylvestre muri Kaminuza y’u Rwanda n’ubundi bwakozwe na Rwabuhihi David, Bwana Ngabonziza Emmy yabwiye abari aho ko urugerero rwagize uruhare rukomeye mu bintu bikurikira:
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’akarere yasoje avuga ko ashingiye kuri raporo z’Urugerero ruciye n’urudaciye Ingando, Urugerero rwagize umusaruro ufatika aho hubakiwe abatishoboye amazu yo kubamo, uturima tw’igikoni, kubaka ibikorwa remezo harimo n’imihanda, ibiraro n’ibindi.
Urugerero Inkomezabigwi Icyiciro cya 11 rufite Insanganyamatsiko igira iti: “Duhamye Umuco w’Ubutore ku Rugerero” rutangiye uyu munsi tariki ya 25/09/2023 ruzasoza tariki ya 18/09/2023.