NYARUGENGE: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’ABAGEZE MU ZABUKURU
Mu Mirenge yose igize Akarere ka Nyarugenge uko ari 10 kuri uyu wa 07 Ukwakira 2025 hizihijwe Umunsi mpuzamahanga w’Abageze mu zabukuru ku nsanganyamatsiko igira iti:“Twite ku bageze mu zabukuru, dutegura ahazaza heza h’abakiri bato, ni inkingi mu iterambere rirambye"
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge Bwana Ingangare Alexis yashimiye Ubuyobozi bw’Igihugu kuko aribwo bushyiraho politiki nziza zituma icyizere cyo kubaho cy’Abanyarwanda cyiyongera maze bigatuma bashobora kugera mu zabukuru ari benshi kandi bagifite ubuzima bwiza.
Zimwe mu ngero yatanze:
Yasabye abato gukomeza kuzirikana abakuru kuko aribo abato bigiraho indangagaciro na kirazira
Abageze mu zabukuru nabo yabasabye gukomeza kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu batanga ibitekerezo n’impanuro zubaka umuryango nyarwanda
Umwe mu bageze mu zabukuru witwa Karemera yashimiye ibiri gukorwa na Leta y’u Rwanda mu guharanira ko imibereho y’abageze mu zabukuru yakomeza kuba myiza.
Dore Ijanisha ry'abaturage bo mu Rwanda bafite imyaka 60 kuzamura nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR):