NYARUGENGE: IBIKORWA BYO KWIBUKA JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI
Kimwe n’ahandi hose mu gihugu uyu munsi tariki ya 07 Mata 2024 hatangiye Igikorwa cyo kwibuka no kunamira Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu karere kacu ka Nyarugenge iki gikorwa cyabimburiwe no kunamira Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi baruhukiye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Butamwa mu murenge wa Mageragere. Ni igikorwa cyitabiriwe n'Abayobozi b'Akarere, Inzego z'Umutekano n'imbaga y'abaturage.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Bwana Ngabonziza Emmy yihanganishije Imiryango y'Abacitse ku Icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi yibutsa ko Kwibuka Twiyubaka ari umurage w'ubudaheranwa ugomba gusigasirwa, asaba urubyiruko n’abandi kumva neza icyerekezo cy'Igihugu no gukomeza gusigasira ibyagezweho. Yibukije abari aho amateka mabi igihugu cyanyuzemo kugera kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’ihagarikwa ryayo bikozwe n’Ingabo zari iza RPF Inkotanyi abafashe ijambo bose bashimiye.
Perezida wa IBUKA mu karere ka Nyarugenge Bwana Safari Hamudu yashimiye Leta ku bufasha iha Abacitse ku Icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi nk’amacumbi, ubuvuzi, kwishurirwa amashuri inkunga y'ingoboka. Yashimiye ingabo zari iza RPF Inkotanyi n’Umukuru w’Igihugu bitanze bakarokora ubuzima bwabo
Amatariki Imirenge yose igize Akarere ka Nyarugenge izibukiraho
Umurenge wa Nyarugenge: tariki 10/04/2024 muri Camp Kigali
Umurenge wa Kanyinya: tariki 11/04/2024 mu Kana
Umurenge wa Mageragere: tariki 12/04 2024 ku biro by’Umurenge
Umurenge wa Gitega: tariki 14/04/2024 kuri Meteo Rwanda
Umurenge wa Kimisagara: tariki 16/04/2024 muri Maison des Jeunes
Umurenge wa Muhima: tariki 22/04/2024 kuri Sainte Famille
Umurenge wa Kigali: tariki 26/04/2024 kuri Ruliba/Nyabarongo
Umurenge wa Nyakabanda: tariki 09/05/2024 ku biro by’Umurenge
Umurenge wa Nyamirambo: tariki 20/05/2024 kuri Paroisse St. Charles Lwanga
Umurenge wa Rwezamenyo: tariki 06/06/2024 kuri Club Rafiki
“Kwibuka Twiyubaka”